Inkuru Nyamukuru

Nyabugogo: Yahanutse mu igorofa ahita apfa

todayFebruary 26, 2024

Background
share close

Mu masaha y’umugoroba wo ku Cyumweru tariki 25 Gashyantare 2024 mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Kimisagara, Akagari ka Kimisagara, Umudugudu w’Akabeza ku nyubako y’Amashyirahamwe izwi nko mu Nkundamahoro iherereye mu bice bya Nyabugogo, Umugabo witwa Kayitare Maurice w’imyaka 55 yahanutse kuri iyo nyubako muri etaje ya mbere, akubita umutwe hasi ahita apfa.

Abantu benshi bari bashungereye umurambo we

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimisagara, Kalisa Jean Sauveur, yatangarije Kigali Today ko hatahise hamenyekana icyateye uyu mugabo kwiyahura.

Kalisa yagize ati “Akimara guhanuka yahise apfa ako kanya kuko yabanje umutwe hasi. Umurambo we wahise ujyanwa ku bitaro bya Kacyiru ngo ukorerwe isuzuma”.

Gitifu Kalisa avuga ko hagikorwa iperereza ngo hamenyekane icyaba cyamuteye kwiyahura.

Ati “Inzego z’umutekano n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) byahageze bitangira iperereza ku cyaba cyateye uyu mugabo kwiyahura”.

Abari muri iyi nyubako aho byabereye bavuga ko uyu mugabo yaba yiyahuye nyuma yo gukina umukino w’amahirwe (betting) yamara gushirirwa agahitamo kwiyahura.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimisagara agira inama abantu kwirinda kwivutsa ubuzima kuko bigira ingaruka ku muryango n’Igihugu kuko byombi biba bimuhombye.

Yavuze kandi ko ari byiza ko umuntu yavuga ikibazo afite agafashwa kugikemura aho gushaka izindi nzira zirimo no kwiyambura ubuzima.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Tanzania: Abantu 25 barimo abanyamahanga baguye mu mpanuka y’imodoka 

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yatangaje ko impanuka y’imodoka yabereye mu majyaruguru ya Tanzania yahitanye abantu 25 barimo n’abanyamahanga. Iyo mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuwa gatandatu ubwo ikamyo yagongaga izindi modoka nto eshatu ku muhanda uhuza Arusha na Namanga. Itangazo ry’umukuru w’igihugu rivuga ko mu bapfuye harimo umwana umwe w’umukobwa, abagore 10 n’abagabo 14. Muri abo harimo Umunyamerika, Umunyakenya n’Umunyafurika y’Epfo Abandi bantu 21 barakomeretse, barimo abaturuka muri […]

todayFebruary 26, 2024

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%