Inkuru Nyamukuru

Bimwe mu hihano byari byarafatiwe Guinea, Mali na Niger byakuweho

todayFebruary 26, 2024

Background
share close

Umuryango w’ubukungu w’ibihugu byo muri Afurika y’uburengerazuba (CEDEAO) watangaje ko ugiye koroshya ibihano wafatiye Guinea na Mali.

Uyu mwanzuro ufashwe nyuma y’umunsi umwe na none CEDEAO, itangaje ko n’ibihano byafatiwe Niger bigiye koroshywa. Uyu muryango wari wafatiye ibyo bihugu uko ari bitatu ibihano nyuma ya za kudeta zagiye zibibamo.

CEDEAO yavuze ko yakuyeho ibihano by’imari n’ubucuruzi yari yarafatiye Guinea inakuraho inzitizi zari zarashyiriweho Abanya-Mali zibabuza guhatanira imyanya y’akazi muri uwo muryango. Ibi byemezo byafatiwe mu nama idasanzwe y’uyu muryango yateranye ku wa gatandatu.

CEDEAO yari yarahagaritse gukorana na Guinea kuva Mamady Doumbouya ahiritse ubutegetsi bwa Perezida Alpha Conde mu 2021.

Naho kuri Mali ibyo bihano byari byakuweho mu 2022, ubwo ubutegetsi bwa gisirikare bwatangazaga ko bugiye gusubiza ubutegetsi abasivili. Niger yo yari yarafatiwe ibihano birimo kutemererwa gukoresha ikirere cy’ibihugu bigize CEDEAO no gufatira imitungo y’icyo gihugu iri muri ibyo bihugu.

Ibi byabaye nyuma ya kudeta yakuye ku butegetsi Perezida Mohamed Bazoum. Ibi bihano byakuweho, ntibireba ariko ibihano bya politike byafatiwe ibyo bihugu kimwe n’abantu ku giti cyabo.

Abakurikiranira hafi ibibera muri ako karere bavuga ko ibi byemezo byo koroshya ibihano bigamije kureshya abayobozi b’ibyo bihugu kwisubiraho ku cyemezo bafashe cyo kuva burundu muri CEDEAO. Icyo cyemezo cyarebaga Mali, Niger na Burkina Faso.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Abarwaye impyiko bishimiye impinduka zashyizweho na RSSB mu buvuzi

Abarwayi b’impyiko mu Rwanda batangaza ko bishimiye impinduka zashyizweho n’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rwemeye ko abarwayi b’impyiko bashobora gufata imiti bakenera hakoreshejwe ubwisungane mu kwivuza buzwi nka Mituweli. Abarwaye impyiko bishimiye ko bazajya babasha kwivuza bifashishije Mituweli Gasana Gallican, umuyobozi ushinzwe ubukangurambaga muri RSSB mu kiganiro aherutse kugirana na KT Radio, yatangaje ko hari amavugururwa mu gufasha abantu bafite indwara zidakira zirimo impyiko na kanseri. Yagize ati “Dusanzwe dutanga […]

todayFebruary 26, 2024

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%