Kuri uyu wa Kane tariki 16 Gicurasi 2024, Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku bufatanye na Polisi y’Igihugu, Minisiteri y’Ubuzima n’abandi bafatanyabikorwa batangije igikorwa cyo kubaga ishaza ryo mu jisho mu gihugu hose bikaba biteganyijwe ko abasaga 5000 bazabagwa ishaza mu gihugu hose.
Igikorwa cyo kubaga Ishaza kiri gukorwa mu gihugu hose ariko ku rwego rw’igihugu cyatangirijwe ku ku bitaro bya Rutongo aho abarwayi 55 bahise babagwa ishaza.
Minisitiri w’ubuzima Dr Sabin Nsanzimana atangiza iki gikorwa yashimiye inzego z’umutekano ku musanzu wazo mu kubaka igihugu ndetse n’ubufatanye mu bikorwa bitandukanye byo kwita ku buzima bw’abaturage.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora iravuga ko hari abantu 8 basabye impapuro zibemerera kujya gushaka imikono mu turere ibemerera kwiyamamariza kuba Perezida wa Repubulika. Ni amakuru Komisiyo y’igihugu y’amatora yatangarije mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa kane tariki 16 Gicurasi,aho yanongeyeho ko uretse abo umunani , hari n’abandi 41 basabye impapuro zo kujya gushaka imikono, ibemerera kwiyamamariza kujya mu Nteko Ishinga Amategeko nk’Abadepite. Muri aba bose ariko, hari babiri bagaruye impapuro bahawe […]
Post comments (0)