Inkuru Nyamukuru

Kuvura kanseri y’ubwonko bigiye kunyuzwa mu mazuru aho kubaga umutwe

todayJanuary 23, 2020 48

Background
share close

Abaganga b’Abanyarwanda 25 bazobereye mu kuvura indwara zifata ubwonko no mu mazuru, bifashishije bagenzi babo baturuka mu Bufaransa, barimo kwitoza kuvura kanseri y’ubwonko batarinze kubaga umutwe w’umuntu, ahubwo ngo bazajya babaga mu mazuru no mu nkanka.

Bavuga ko mu minsi ine bazamara mu mahugurwa kuva tariki 20-23 Mutarama 2020, ngo bazashobora kugabanya umubare munini w’Abanyarwanda bajyaga kwivuriza indwara za kanseri mu mahanga, nyuma yo gushobora kuvura ikomeye ifata mu bwonko bw’umuntu.

Umuganga mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal n’ibya Gisirikare biri i Kanombe, Dr Nkusi Emmy Agabe avuga ko mu minsi itatu ya mbere bitoreje ku murambo ibijyanye no kubaga indwara zifata mu mutwe no mu bwonko bw’umuntu, ariko ko kuri uyu wa kane ngo babaga abarwayi ba kanseri babiri bakiri bazima.

Umva inkuru irambuye hano:

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Umurwayi wo mu mutwe yatemye abantu barindwi, umwe ahasiga ubuzima

Mu Kagari ka Migeshi mu murenge wa Cyuve umugabo w’imyaka 35 bivugwa ko afite uburwayi bwo mu mutwe yatemye abantu barindwi biganjemo abo mu muryango umwe, umwe ahita ahasiga ubuzima abandi bakomereka bikomeye. Ibi bikaba byabereye mu rugo rw’umukecuru witwa Nyirabatezi Sarah, ahagana saa yine n’igice z’igitondo cyo kuri uyu wa gatatu. Uyu mukecuru yahise ahasiga ubuzima, mu gihe abandi barimo umuhungu we, umukazana we n’abandi bari baje gutabara bo […]

todayJanuary 23, 2020 49

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%