Inkuru Nyamukuru

MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe

todayJuly 6, 2020 31

Background
share close

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko kaminuza ebyiri ari zo Christian University of Rwanda na Indangaburezi College of Education zambuwe uburenganzira bwo gukora kuko hari ibyo zananiwe kuzuza kugira ngo zikore mu buryo bwemewe n’amategeko.

Amakuru y’ihagarikwa ryazo aje akurikira andi y’ihagarikwa rya Kaminuza ya Kibungo (UNIK), zose zikaba zarahagaritswe mu ntangiriro z’uku kwezi kwa karindwi 2020.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya, yemeje aya makuru, asobanura ko zizira ibibazo bitandukanye bishamikiye ku ireme ry’uburezi rikemangwa, n’andi makosa y’imicungire y’ibyo bigo.

Ibyo biravugwa mu gihe kuri iki cyumweru, Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi abayobozi babiri ba zimwe muri izo kaminuza, ari bo Dr Pierre Damien Habumuremyi ukuriye Christian University of Rwanda na Prof Egide Karuranga wayoboraga Kaminuza ya Kibungo (UNIK).

Umva inkuru irambuye hano:

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Nyagatare: Perezida Kagame yasobanuriwe impamvu ibitaro bya Gatunda byadindiye

Minisitiri w’ubuzima Dr. Daniel Ngamije, yavuze ko kuba ibitaro bya Gatunda mu karere ka Nyagatare bitaratangira gukora, biterwa n’uko hari ibikoresho byaguzwe mu mahanga bitaragera mu Rwanda kubera icyorezo cya COVID-19. Gusa yavuze ko ibyo bikoresho biri mu nzira ku buryo ibyo bitaro bizatangira gukora bitarenze tariki 30 z’ukwezi gutaha. Dr. Ngamije yabitangaje ku wa gatandatu tariki 04 Nyakanga 2020, ubwo umukuru w’igihugu yasuraga bimwe mu bikorwa byubatswe mu karere […]

todayJuly 6, 2020 45

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%