Inkuru Nyamukuru

Ntawemerewe kwinjira mu isoko rya Huye atabanje kwandikwa umwirondoro

todayAugust 31, 2020 36

Background
share close

Guhera mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 29 Kanama 2020, abinjira mu isoko mu Mujyi i Huye basabwa kubanza kwandikwa mu gitabo.

Muri iki gitabo harandikwa amazina y’abinjiye mu isoko, aho batuye na nomero za telefone zabo, ndetse n’ibipimo by’umuriro babasanganye.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko izi ngamba zafashwe mu rwego rwo kurwanya ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19, cyane ko kugeza ubu muri aka Karere kimaze kugaragara ku bantu 11.

Abahahira mu isoko rya Huye bavuga ko gutonda umurongo bategereje kwinjira ntacyo bibatwaye, kuko kwirinda ari ngombwa.

Na none ariko, batekereza ko byaba byiza ababandika bongerewe kugira ngo boye gutinda kwemererwa kwinjira.

Umva inkuru irambuye hano:

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Muhanga: Abakozi batatu b’Akarere bagaragayeho COVID-19

Ubuyobozi bw'akarere ka Muhanga bwatangaje ko abakozi batatu ba kano karere bagaragayeho icyorezo cya COVID19. Mu kiganiro yagiraye na KT Radio, Umuyobozi wa kano karere Kayitare Jacqueline yavuze ko abagaragaweho n'iyo ndwara bakoraga bataha mu mujyi wa Kigali, ariko hakaba hari icyizere ko batanduje abaturage benshi ba kano karere kuko ngo bakoraga muri serivisi zidahuriramo abantu benshi. Kayitare avuga ko ubu nta mukozi wemerewe kuza gukorera ku karere kugira ngo […]

todayAugust 31, 2020 15

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%