Inkuru Nyamukuru

USA: Umujyanama wa Trump mu masengesho aravugako abamarayika barekuwe bava muri Afrika kugirango bafashe Donald Trump gutsinda

todayNovember 5, 2020 46

Background
share close

Umujyanama wa prezida Donald Trump mu by’umwuka Paula White-Cain, avuga ko “abamarayika barekuwe” bava muri Afurika no muri Amerika y’Epfo kugira ngo bafashe donald trump gutsinda amatora aho akomeje kurushwa n’uwo bahanganye Joe Biden uhagarariye ishyaka ry’abademocrate.

Mu mashusho yakwiriye hose asenga ashishikaye White-Cain yagize ati: “Ndumva ijwi ry’intsinzi, Uwiteka aravuga ko byakozwe. Kuko numva, intsinzi, intsinzi, intsinzi mu ijuru ndayumva muri jyewe.”

Pasiteri White-Cain yongeraho ko “abamarayika boherejwe gufasha trump gutsinda biden ngo bahorejwe bavuye muri ” muri Afurika no muri Amerika y’Epfo.

Agira ati: “ndabumva barikuza mwizina rya Yesu… imbaraga z’abamarayika ziramanutse “.

Amashusho y’uyu mu pasteur asengera Perezida Trump yakwirakwiriye cyane ku mbuga nkoranyambaga, benshi mu babikurikiye babisanishije no gusaza imigeri mu gihe miliyoni z’abantu hirya no hino kwisi; bategereje n’amatsiko menshi kumva amakuru aturuka muri America, aho amajwi akomeje kubarurwa.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Ahakorerwa massage mu Rwanda hemerewe gukora

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko ahantu hakorerwa massage mu Rwanda hemerewe gufungura imiryango no gusubukura imirimo ihakorerwa, ariko hubahirizwa amabwiriza yo gukomeza kwirinda icyorezo cya COVID-19. Amabwiriza yahawe abatanga izi serivisi, abasaba gushyiraho uburyo buboneye bwo gusukura intoki, bakaraba cyangwa bifashishije umuti umenyerewe nka ‘hand sanitizer’. Harimo kandi gushyiraho uburyo buboneye bwo gusukura ibyumba n’ibikoresho byo mu byumba bikorerwamo ‘massage’ n’ahandi hantu hose abantu bahurira. Abakora massage n’abakiliya kandi […]

todayNovember 5, 2020 94

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%