Ingengabitekerezo ya Jenoside yamugejeje ku rwego rwo kwanga kwigira kuri Buruse ya Leta
Uwizeye Jean de Dieu, iyo asangiza abandi ubuhamya bw’ubuzima yakuriyemo, yumvikanisha uburyo inyigisho zikocamye kandi zigoreka amateka, za bamwe mu bari Abarimu, Abategetsi ndetse n’Abanyamadini, zoretse imitekerereze ya benshi na we arimo, bakurira mu buyobe bw’amacakubiri n’ingengabitekerezo, kugeza ku rwego byamugejejeho rwo kwanga Buruse yigeze guhabwa na Leta yo kujya kwiga muri Kaminuza i Butare, ubwo yatsindaga ikizamini gisoza amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2001. Uwo mugabo ukomoka mu Karere […]