Inkuru Nyamukuru

6372 Results / Page 11 of 708

Background

Inkuru Nyamukuru

Ingengabitekerezo ya Jenoside yamugejeje ku rwego rwo kwanga kwigira kuri Buruse ya Leta

Uwizeye Jean de Dieu, iyo asangiza abandi ubuhamya bw’ubuzima yakuriyemo, yumvikanisha uburyo inyigisho zikocamye kandi zigoreka amateka, za bamwe mu bari Abarimu, Abategetsi ndetse n’Abanyamadini, zoretse imitekerereze ya benshi na we arimo, bakurira mu buyobe bw’amacakubiri n’ingengabitekerezo, kugeza ku rwego byamugejejeho rwo kwanga Buruse yigeze guhabwa na Leta yo kujya kwiga muri Kaminuza i Butare, ubwo yatsindaga ikizamini gisoza amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2001. Uwo mugabo ukomoka mu Karere […]

todayNovember 18, 2024

Inkuru Nyamukuru

Kamonyi : Abasore batatu batawe muri yombi bakekwaho ubujura

Mu Karere ka Kamonyi, mu Murenge wa Runda, Akagari ka Ruyenzi, Umudugudu wa Nyagacaca, Polisi yakoze igikorwa cyo gushaka abasore batatu bakekwaho ubujura bwo gutega abantu bakabambura telefone n’ibindi. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, avuga ko abo basore bafashwe bafite imyaka 20, 24, 31 y’amavuko. Ati “Ni urubyiruko rwishora mu bikorwa byo kwambura abantu bakoresheje imbaraga aho bitwikira umugoroba bagashikuza abantu ibyabo bakirukanka”. SP Habiyaremye avuga […]

todayNovember 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Yubatse gereza mu nzu ye azajya afungiramo umuhungu we wabaswe n’ibiyobyabwenge

Muri Thailande, umubyeyi w’imyaka 64 yubatse gereza mu nzu ye agamije kwicungira umutekano we n’uw’abaturanyi nyuma yo guhorana impungenge z’ibibazo byaterwa n’umuhungu we w’imyaka 42 wabaswe n’ibiyobyabwenge. Nyuma y’imyaka isaga 20 yari amaze aba mu bwoba buhoraho kubera uwo muhungu we wabaswe n’ibiyobyabwenge n’urusimbi, uwo mubyeyi utuye mu Ntara ya Buriram muri Thailande, yafashe ingamba zidasanzwe kugira ngo yizere ko umutekano we urinzwe kimwe n’uw’abaturanyi be. Izo ngamba yafashe, ni […]

todayNovember 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Rulindo: RIB yafunze Gitifu umaze iminsi avugwa mu makimbirane na Meya

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ku wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo 2024 rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbogo mu Karere ka Rulindo, Ndagijimana Frodouard. Ndagijimana yari amaze iminsi yumvikana mu makimbirane yamuhanganishije n’Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith, wanze kumusubiza mu kazi nyuma y’uko Komisiyo y’abakozi ba Leta ibimutegetse, ariko ntihagire igikorwa. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry, avuga ko kuba Gitifu Ndagijimana yatawe muri yombi ntaho bihuriye n’amakuru […]

todayNovember 13, 2024

Inkuru Nyamukuru

Donald Trump yashyize abayobozi mu myanya barimo n’umuherwe Elon Musk

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yashyize abayobozi batandukanye muri Guverinoma ye barimo n’umuherwe wa mbere ku isi Elon Musk. Elon Musk yagizwe umukuru wa Minisiteri yo kunoza imikorere ya leta ‘Department of Government Efficiency’(DOGE). Amakuru dukesha RFI avuga ko Trump yavuze ko Musk azafatanya na Vivek Ramaswamy umushoramari mu by’imiti, bose bakaba bahawe inshingano zirimo, kuvugurura inzego za leta, no kugabanya gusesagura kwa leta. Perezida Trump […]

todayNovember 13, 2024

Inkuru Nyamukuru

Musanze: Rurageretse hagati y’abubatse ubwiherero rusange na rwiyemezamirimo

Abaturage bubatse Ubwiherero rusange buzajya bwifashishwa n’abagana ibiro by’Umurenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze ndetse na santere y’Ubucuruzi byegeranye, barataka ubukene nyuma y’uko rwiyemezamirmo wabakoreshaga, ngo yaba yarabasinyishije inyandiko zigaragza ko bahembwe, nyamara bitarakozwe; ibintu baheraho bamushinja uburiganya no kubahoza mu gihirahiro. Bahisemo guhagarika imirimo yo kubaka ubwo bwiherero rusange nyuma yo gukora ntibishyurwe Mu gihe bubakaga ubwo bwiherero rusange, bari barijejwe kuzajya bahembwa buri uko iminsi 15 ishize […]

todayNovember 13, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ibihugu bya Afurika byagaragaje uburyo bwo kwita ku burezi bw’ibanze

Abayobozi batandukanye barimo ba Minisitiri b’Uburezi muri bimwe mu bihugu bya Afurika bitabiriye inama ya ‘Africa Foundation Learning Challenge 2024’ (Africa FLEX 2024), basangiye ubunararibonye ku buryo bwo kunoza imyigire n’imyigishirize mu mashuri y’ibanze. Ni ikiganiro cyahuje abayobozi batandukanye bitabiriye inama yiga ku burezi bw’ibanze ibera mu Rwanda, barimo Minisitiri w’Uburezi muri Zambia, Douglass Munsaka Syakalima, Minisitiri w’Uburezi muri Côte d’Ivoire, Mariatou Kone, Minisitiri w’Uburezi wa Malawi, Madalitso Wirima Kambauwa […]

todayNovember 13, 2024

Inkuru Nyamukuru

Afurika ifite byose yifuza kugira ngo igere aho twifuza no kuba abo dushaka kuba bo – Perezida Kagame

Umukuru w’Igihugu Paul Kagame, ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama ya Youth Connekt 2024, yagaragaje ko Afurika ifite ibyo ikeneye byose kugira ngo ibashe kugera aho abayituye bifuza ndetse kandi ko kutabigeraho bakwiye kwigaya. Iyi nama ya Youth Conekt iri kuba ku nshuro ya Karindwi (7), yatangiye kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Ugushyingo 2024, iri kubera muri Kigali Convention Centre, yitabiriwe n’Abaminisitiri bashinzwe urubyiruko mu bihugu bitandukanye bya Afurika, ba […]

todayNovember 8, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abituje mu manegeka bose barasabwa kuyavamo badategereje ingurane

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), Maj Gen(Rtd) Albert Murasira, asaba abatuye ahabashyira mu byago bose kwibwiriza bakahava badategereje ingurane, cyane ku bantu bituje mu manegeka cyangwa abafite ubushobozi barimo n’abafatiye ubwishingizi inzu zabo. Maj Gen(Rtd) Murasira yabitangarije abanyamakuru mu nama MINEMA yagiranye n’abafatanyabikorwa bavuye mu nzego zitandukanye, kuri uyu wa Kane tariki 07 Ugushyingo 2024, hagamijwe gufatira hamwe ingamba zo guhangana no kubaka ubudahangarwa ku biza. Maj Gen Murasira avuga ko […]

todayNovember 8, 2024

0%