Abakozi ba Kaminuza y’u Rwanda basabye Minisitiri w’intebe kongererwa imishahara
Abakozi ba Kaminuza y'u Rwanda basabye Minisitiri w'Intebe w'u Rwanda ko hatekerezwa ku kuntu abayikoramo bakongererwa imishahara. Babimubwiye ubwo batangaga impamyabumenyi ku banyeshuri basaga ibihumbi umunani bayirangijemo, na we yitabiriye, kuri uyu wa 25 Ukwakira 2024. Prof David Tuyishime, umwalimu wavuze mu izina rya bagenzi be bakorana muri Kaminuza y'u Rwanda, yabwiye Minisitiri w'Intebe ko bishimira kuba ingorane bagiye babagaragariza zaragiye zikenuka, ariko ko kuri ubu noneho bahangayikishijwe n'abakozi bafite […]