Inkuru Nyamukuru

6372 Results / Page 18 of 708

Background

Inkuru Nyamukuru

Umukobwa ufite ubumuga yirukanywe iwabo ngo barumuna be babone abagabo

Muri Kenya, umukobwa ufite ubumuga yatewe n’indwara y’imbasa, yirukanywe iwabo mu rugo kugira ngo barumuna be babone uko barambagizwa bashake abagabo. Ubu uwo mukobwa witwa Rose Achieng’ w’imyaka 40 y’amavuko, yirukanywe iwabo mu gace kitwa Omboga-Kanyaluo-Karachuonyo, nyamara adafite ahandi yajya. Impamvu yo kumwirukana mu rugo iwabo, ngo ni imigenzo ijyanye n’ubwoko bwabo, ivuga ko umukobwa wa mbere agomba kubanza kugenda kugira ngo ahe umwanya na barumuna be babone abagabo bashake […]

todayOctober 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Umuyobozi wa SONARWA arakekwaho kunyereza asaga miliyoni 117FRW

Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’Ubwishingizi y’u Rwanda (SONARWA General Insurance) Rees Kinyangi Lulu, hamwe n’uwari umucungamutungo wa Hotel Nobilis Aisha Uwamahoro, bari mu maboko y’ubugenzacyaha kuva ku itariki 2 Ukwakira 2024, aho bakurikiranyweho kunyereza arenga miliyoni 117 Frw. Umuyobozi Mukuru wa SONARWA Rees Kinyangi Lulu na Aisha Uwamahoro, Umucungamutungo wa Hotel Nobilis Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Dr Murangira B. Thierry, yabwiye itangazamakuru ko aba bombi bakurikiranyweho kunyereza umutungo no […]

todayOctober 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Sudani y’Epfo: Ingabo z’u Rwanda zakoze Umuganda zitera n’ibiti by’imbuto

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, UNMISS, muri Sudani y’Epfo, zazindukiye mu muganda ku Ishuri Ribanza rya Kapuri. Ni Umuganda witabiriwe n’abagize itsinda ry’Ingabo Rwanbatt-1, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 14 Ukwakira 2024. Muri uwo muganda waranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abanyeshuri bahiga, abarimu bahigisha ndetse n’abahagenda, izo ngabo zahateye ibiti bitandukanye. Ibyo biti byatewe ni iby’imbuto ziganjemo imyembe no […]

todayOctober 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Menya impamvu hari abita Umujyi wa Butare ‘Vatican’

Hari abantu bamwe na bamwe usanga bajya kuvuga Umujyi wa Butare bakavuga ko ari i Vatican, impamvu ikaba ngo ari ukubera ko hari imiryango myinshi y’Abihayimana ugereranyije no mu tundi duce two mu Rwanda. Umunyamabanga w’Umwepiskopi wa Diyosezi Gatolika ya Butare, yemeza ko koko muri Butare ari ho hari imiryango (congregations) y’abihayimana myinshi ugereranyije n’ahandi mu Rwanda kuko habarirwa imiryango (congregations) 65, abayigize babarirwa muri 780 bakaba baba mu ngo […]

todayOctober 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ingamba zo guhangana na Marburg zigiye kuvugururwa

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko hari ingamba zigiye kuvugururwa mu gukomeza guhangana na Marburg imaze ibyumweru birenga bibiri igaragaye mu Rwanda. Mu ngamba zari zafashwe mu cyumweru cya mbere icyorezo kicyaduka, hari ugusukura intoki, kwirinda gukora ku murwayi cyangwa uwishwe na Marburg, hamwe no kutajyana mu rusengero cyangwa mu rugo uwishwe n’iyo ndwara. Hafashwe kandi ibyemezo byo kwirinda gusezera no guherekeza mu kivunge uwishwe na Marburg mu gihe […]

todayOctober 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Umukecuru w’imyaka 90 yemereye umugabo we w’imyaka 95 gushaka undi mugore

Umukecuru w’imyaka 90 y’amavuko wo muri muri Kenya, ahitwa Nyeri yahaye uruhushya umugabo we rwo gushaka umugore wa kabiri, amwizeza ko ubu adashobora kumubuza gushaka undi mugore. Uwo mukecuru w’imyaka 90 yitwa Tabitha Wangui, akaba yarashakanye na Ibrahim Ndirangu Nduya w’imyaka 95, mu 1962 , ariko bamaze ukwezi kumwe gusa basezeranye mu rusengero ‘Tambaya PCEA’ aho muri Kenya. Uwo mukecuru aganira n’ikinyamakuru Tuko cyandikirwa muri Kenya, yavuze ko atabuza umugabo […]

todayOctober 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Kigali: Hari abajyanama b’ubuzima bashyigikiye kuboneza urubyaro ku bana

Aba bajyanama baravuga ibi, mu gihe ubwiyongere bw’abangavu baterwa inda bukomeje kugaragazwa nka kimwe mu bibazo bihangayikishije umuryango Nyarwanda. Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, igaragaza ko mu mwaka ushize wa 2023, abangavu bafite imyaka iri hagati ya 10 na 19 babyaye bari 19,406. Ni mugihe mu mezi atandatu ya mbere ya 2024, abangavu batewe inda barenga ibihumbi 10, bakaba barimo abatarengeje imyaka 14 bagera kuri 50. Abajyanama b’ubuzima nka bamwe mu […]

todayOctober 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Rubavu : Hari ibicuruzwa biborera ku mupaka bigateza umwanda

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buravuga ko bufite ikibazo cy’ibicuruzwa biborera ku mupaka hakabura aho kubyerekeza kubera kubura ubushobozi bwo kubyangiza. Mulindwa Prosper, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, avuga ko iki kibazo kimaze igihe ndetse ko bimwe mu bicuruzwa byangiritse biri ku mupaka ariko badafite aho kubyerekeza. Ni ibicuruzwa biri mu bwoko bw’ibibora, ibitabora nk’amavuta ya mukorogo hamwe n’urumogi, Mulindwa akavuga ko Akarere gakeneye ubushobozi bwo kubyangiza n’aho bigomba kujyanwa hateguwe. Iyo […]

todayOctober 11, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abayapani barokotse bombe atomic bahawe igihembo cy’amahoro cya Nobel

Nihon Hidankyo, itsinda ry’abayapani barokotse ibisasu bya kirimbuzi (bombe atomic), ryatsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel cya 2024. Iryo tsinda rigizwe n’abarokotse ibisasu byatewe Hiroshima na Nagasaki, ryatoranyijwe na Komite Ishinzwe ibihembo bya Nobel muri Norvège kubera ibikorwa byabo byo guhashya ibisasu bya kirimbuzi ku isi. Umuyobozi wa Komite ya Nobel Joergen Watne Frydnes yavuze ko iryo tsinda ryagize uruhare rw’inyamibwa mu gushyiraho gahunda bise kirazira gukoresha ibisasu bya kirimbuzi. Umubobozi […]

todayOctober 11, 2024

0%