Inkuru Nyamukuru

6372 Results / Page 32 of 708

Background

Inkuru Nyamukuru

U Bushinwa: Yifashishije drone agwa gitumo umugore we amuca inyuma

Mu Bushinwa, umugabo yakurikiranye umugore we yakekaga ko amuca inyuma akurikije imyitwarire idasanzwe yamubonanaga, maze aza kumufata yifashishije ‘drone’ ikoreshwa na ‘remote’ yamufashaga kumugenzura kandi ari kure ye. Uwo mugabo uzwi ku izina rya Jing ngo yatangiye gukeka ko umugore yaba amuca inyuma, bitewe n’uko yagendaga amuburira umwanya mbese akabona atamubona uko bisanzwe, ubundi gahunda ye isanzwe yo ku kazi irahinduka, atangira kujya amubwira kenshi ko agiye gusura ababyeyi be […]

todayJuly 19, 2024

Inkuru Nyamukuru

Batewe impungenge n’imirambo ikunze kugaragara ku mugezi wa Nyabarongo

Abaturage baturiye umugezi wa Nyabarongo ku gice cy’Umurenge wa Ndaro wo mu Karere ka Ngororero, bagaragaza impungenge z’umutekano bitewe n’imirambo ikunze kuboneka ku nkengero z’uyu mugezi. Bamwe mu baturage baganiriye na Kigali Today, bagaragaje impungenge z’umutekano wabo bitewe n’imirambo ikunze kuboneka ku nkengero z’uyu mugezi ndetse no kuba umuhanda Nyange-Gatumba uwukikije udakoze, bagatinya kuwunyuramo bwije ngo batagirirwa nabi. Umwe muri abo baturage wo mu Kagari ka Bijyojyo, yemeje ko bajya […]

todayJuly 19, 2024

Inkuru Nyamukuru

Harasabwa ko umubare w’abanyamahanga bakina muri shampiyona y’u Rwanda wongerwa bakaba 12

Ihuriro ry’amakipe akina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, ryasabye ko umubare w’abakinnyi bakomoka hanze y’u Rwanda wava ku bakinnyi batandatu ukagera kuri 12 kuva mu mwaka w’imikino 2024-2025. Ni umushinga ukubiye mu mabwiriza iri huriro ryagejeje ku makipe 16 arigize mbere y’uko wemezwa n’inzego bireba bigatangira kubahirizwa. Muri uyu mushinga ingingo yongera abakinnyi b’Abanyamahanga ivuga ko ku rupapuro rw’umukino hazajya haba hariho abakinnyi 12 b’Abanyamahanga ikipe ishobora gukoresha ariko […]

todayJuly 19, 2024

Inkuru Nyamukuru

Musanze: Yapfuye nyuma yo kumara icupa ry’inzoga bamutegeye

Umusore witwa Nahimana Eric yapfuye nyuma yo kumara icupa ry’inzoga y’urwagwa mugenzi we yari yamutegeye, ubwo bari mu kabari bishyira abaturage mu rujijo. Mu masaha ashyira ay’umugoroba wo kuwa Gatatu tariki 17 Nyakanga 2024, umugabo w’umuturanyi wa Nahimana yamuhamagaye amusaba kumusanga mu kabari ko mu i Santere ya Gakingo mu Mudugudu wa Kadahenda, ngo amugurire inzoga. Ubwo yahageraga uwo mugenzi we yamutegeye kumara icupa ry’urwarwa, akirangiza kuyinywa, arataha ageze hafi […]

todayJuly 18, 2024

Inkuru Nyamukuru

Huye: Mudugudu yakubise umusore w’imyaka 18 aramunegekaza

Ku gicamunsi cyo ku wa 17 Nyakanga 2024, umukuru w’Umudugudu wa Kinyata, Akagari ka Kabatwa, Umurenge wa Kigoma mu Karere ka Huye, yakubise umusore w’imyaka 18 aramunegekaza. Bernard Uwitije ni we wakubiswe aranegekazwa. Afite inguma mu mutwe, mu nda, ku rutugu no ku kaboko k’iburyo. Ikigo nderabuzima cya Kigoma ubu cyamwohereje ku bitaro, kugira ngo ahabwe ubuvuzi bwisumbuye. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigoma, Jean Baptiste Hakuzimana, yabwiye Kigali Today ko […]

todayJuly 18, 2024

Inkuru Nyamukuru

Musanze: Nubwo bishimiye intsinzi ya Kagame baracyibaza aho ibice byaburiye ngo atsinde 100%

Abatuye Akarere ka Musanze, baracyari mu byishimo nyuma yo kumva ko Paul Kagame abenshi bari bashyigikiye mu matora atsinze ku kigero gishimishije (99,15%), gusa bakibaza aho ibice byaburiye ngo Musanze itore 100% nk’uko bari babigize intego mbere y’amatora. Abo baturage baremeza ko iyo ntsinzi bayigizemo uruhare, aho bamuhundagajeno amajwi bagendeye ku byiza yabakoreye muri manda y’imyaka irindwi ishize, birimo imihanda, amashuri, umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi, amazi n’amashanyarazi. Mu baganiriye na […]

todayJuly 18, 2024

Inkuru Nyamukuru

Amajwi ya Paul Kagame yazamutseho 0.3%

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko Paul Kagame ari we ukomeje kuza imbere mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’amajwi 99.18%, mu gihe Frank Habineza afite 0.50% naho Philippe Mpayimana akagira 0.32%. Kuri uyu wa Kane tariki 18 Nyakanga 2024, nibwo Komisiyo y’Amatora yatangaje amajwi y’agateganyo y’ibyavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite mu byiciro byose. Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Oda Gasinzigwa, yavuze ko muri rusange ubwitabire mu matora ya […]

todayJuly 18, 2024

Inkuru Nyamukuru

Basketball: REG WBBC yihimuye kuri APR WBBC inasoza shampiyona iyoboye

Mu mukino w’abakeba wa Basketball gahati y’ikipe ya REG na APR z’abagore, ikipe ya REG yihimuye kuri APR iyitsinda amanota 73 kuri 58 ihita inafata umwanya wa mbere. Ni umukino watangiranye ishyaka ryinshi ku ikipe ya REG BBC yashakaga kwihimura kuri APR dore ko umukino waherukaga guhuza aya makipe ikipe ya APR yari yatsinze REG amanota 77 kuri 75 n’ikinyuranyo cy’amanota abiri. Ikipe ya APR WBBC yinjiye muri uyu mukino […]

todayJuly 18, 2024

Inkuru Nyamukuru

Umugabo yatabawe amaze amasaha 42 yaheze muri ‘ascenseur’, atakimenya ijoro n’amanywa

Mu Buhinde, umugabo witwa Ravindran Nair yaheze mu cyuma gifasha abantu kuzamuka no kumanuka mu nyubako z’imiturirwa (ascenseur) ku Bitaro yari agiye kwivurizamo, atabarwa nyuma y’amasaha 42, nta mazi yo kunywa cyangwa se ibyo kurya afite, ndetse ngo ntiyari akimenya gutandukanye ijoro n’amanywa. Ravindran Nair yisanze yaheze muri ‘ascenseur’ y’ibitaro by’ahitwa i Thirunavatapuram, mu Majyepfo y’igihugu cy’u Buhinde, ku wa Gatandatu tariki 13 Nyakanga 2024, nyuma aaza gutabarwa ku wa […]

todayJuly 18, 2024

0%