Inkuru Nyamukuru

6372 Results / Page 4 of 708

Background

Inkuru Nyamukuru

Inganda zubakwa mu Rwanda zizongera umusaruro w’ibikorerwa imbere mu Gihugu

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yagaragaje amahirwe u Rwanda rwiteze mu nganda zubakwa kuko bizongera umusaruro w’ibikorerwa imbere mu Gihugu. Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru cyabaye tariki 6 Ukuboza 2024 kigaruka ku mibereho rusange y’igihugu. Ati “Ubukungu bw’u Rwanda butanga icyizere cy’uko umusaruro w’ibikorerwa imbere mu gihugu bigiye kwiyongera kurushaho, bigabanye icyuho kiri hagati y’ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga n’ibyo rwoherezayo”. Minisitiri w’Intebe yasobanuye ko mu myaka ishize, […]

todayDecember 9, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abashoramari bamurikiwe BK Arena, Sitade Amahoro, Zaria Courts na Hoteli ya FERWAFA

Ikigo QA Venue Solutions Rwanda, gishinzwe imicungire y’inyubako za Siporo ziri i Remera na Pariki ya Nyandungu, cyeretse bamwe mu bagize Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), amahirwe bafite mu kubyaza umusaruro icyanya cy’imikino n’imyidagaduro kiri i Remera, kikaba kugeza ubu kigizwe n’inyubako nini za BK Arena, Sitade Amahoro, Zaria Courts na Hoteli y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA). QA Venue Solutions Rwanda ivuga ko Sitade Amahoro, nyuma yo kuvugururwa, ubu […]

todayDecember 9, 2024

Inkuru Nyamukuru

Mu Turere twose tw’Igihugu hagiye kubakwa ibigo by’urubyiruko

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’abahanzi yatangaje ko mu rwego rwo kurushaho gufasha urubyiruko kuzamura impano zarwo, ku bufatanye n’Umuryango Imbuto Foundation hagiye kubakwa ibigo by’urubyiruko mu Turere twose tugize Igihugu. Ni bimwe mu byatangajwe na Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi Dr. Abdallah Utumatwishima mu birori byo gutanga impamyabushobozi ku bahanzi 60 bari bamaze igihe cy’umwaka bahabwa amahugurwa mu cyiciro cya kabiri cya ArtRwanda-Ubuhanzi, ku mugoroba wo ku itariki ya 06 Ukuboza 2024. […]

todayDecember 9, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ibiganiro byo mu muryango, imwe mu nzira zo guca ihohoterwa rikorerwa abana

Imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF) yo muri 2017, igaragaza ko 60% by’abana b’abahungu na 37% by’abakobwa bahuraga n’ihohoterwa rikorerwa ku mubiri (physical violence). Iyo mibare kandi yerekana ko 24% by’abana b’abakobwa na 10% by’abahungu ari bo bahuraga n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, naho 12% by’abana b’abakobwa na 17% by’abahungu, ni bo bahuraga n’ihohoterwa rishingiye ku marangamutima. Muri rusange, imibare ya UNESCO yo muri 2017, igaragaza ko mu Rwanda […]

todayDecember 9, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ibyo wamenya ku muti mushya ugiye gutangwa mu Rwanda urinda kwandura SIDA

Ikigo cy’u Rwanda cyita ku Buzima (RBC), mu mpera z’uku kwezi kwa cumi na kabiri kirateganya gushyira ahagaragara umuti uterwa mu rushinge ukarinda umuntu kwandura virusi itera SIDA, muri gahunda isanzwe ya RBC yo kurwanya icyorezo cya SIDA. Iyo miti, izwi nka Pre-Exposure Prophylaxis (PrEP), ikoze mu buryo ifasha umubiri gukumira ubwandu bwa virusi itera SIDA. By’umwihariko, ikoreshwa nk’imiti isanzweho igabanya ubukana bwa virusi ariko noneho igafatwa n’abantu badafite ubwandu […]

todayDecember 9, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ishyirahamwe ry’Ibigo by’Imari (AMIR) ryakebuye abanyamuryango badatanga umusanzu uko bikwiye

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Ibigo by’Imari mu Rwanda (AMIR) buvuga ko bwugarijwe n’ikibazo cy’umubare munini w’abanyamuryango batarumva akamaro ko gutanga umusanzu nk’uko bikwiye, bigatuma hari umubare w’amafaranga arenga miliyoni 30 ataboneka ku yateganyijwe. AMIR ifite abanyamuryango 457 Ubusanzwe AMIR igizwe n’abanyamuryango 457, bari mu byiciro bitatu, birimo Imirenge SACCO ari na yo ifite abanyamuryango benshi, Ibigo bikora nka za Koperative (Non-SACCO’s) hamwe n’ibigo by’imari binini bizwi nka Plc’s. Aba banyamuryango bose baba […]

todayDecember 9, 2024

Inkuru Nyamukuru

Huye: Batewe impungenge n’insinga z’amashanyarazi zishobora kubateza impanuka

Mu Kagari ka Rukira mu Murenge wa Huye hari ahantu hamwe na hamwe hari insinga z’amashanyarazi ziri hasi, izindi ziri hafi cyane ku buryo n’abana babasha kuzikoraho. Ibi bituma abahatuye baba bafite impungenge ko abana bashobora kuzikubaganya bakicwa n’amashanyarazi. Iyo ababyeyi barangaye, abana bakinisha insinga Bivugwa ko ahenshi mu hari iki kibazo ari ahantu hagejejwe amashanyarazi bwa mbere n’abaturage biyegeranyije bakishakira amapoto n’insinga z’amashanyarazi, abaturanyi bakaza gufatiraho. Icyo gihe abaturanyi […]

todayDecember 9, 2024

Inkuru Nyamukuru

Mfite ubwoba, umutekano wanjye ni muke – Uwarokotse Jenoside

Hashize icyumweru umugore witwa Niyonsaba Agnes utuye mu Murenge wa Nkotsi, Akagari ka Bikara, Umudugudu wa Kinkware, atangarije itangazamakuru ibibazo bimuhangayikishije by’abakomeje kumubwira amagambo amukomeretsa. Mu rugo kwa Niyonsaba Agnes utuye mu Murenge wa Nkotsi Uwo mugore warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, aherutse gutangaza ko mu bimuhangayikishije harimo umutekano we nyuma y’uko bamwe mu baturanyi be bakunze kumubwira amagambo akubiyemo ivanguramoko n’ingengabitekerezo ya Jenoside. Nyuma yo gutangaza izo mpungenge ze, ubuyobozi […]

todayDecember 6, 2024

Inkuru Nyamukuru

Nyagatare: Yahakanye iby’abakozi badahembwa, asaba umunyamakuru kuzana na bo guhembesha

Rwiyemezamirimo ukoresha ikimoteri cya Nyagatare, Jean Paul Ngezishiraniro, arahakana ko nta mukozi akoresha umwishyuza ifaranga na rimwe mu gihe abakorera Kompanyi AGRUNI ayobora, bavuga ko bamaze amezi atatu batabona umushahara. Ikimoteri cya Nyagatare cyubatse mu Mudugudu wa Mirama ya mbere Ikimoteri cy’Akarere ka Nyagatare cyubatswe mu mwaka wa 2015 gitangira kwakira imyanda mu mwaka wa 2017. Ni ikimoteri cyagombaga kwakira ibishingwe bibora n’ibitabora bigatandukanywa. Ibibora byagombaga kubyazwa ifumbire mborera naho […]

todayDecember 6, 2024

0%