Inkuru Nyamukuru

6372 Results / Page 7 of 708

Background

Inkuru Nyamukuru

Kigali: Abagenzi bagiye gutangira kwishyura bakurikije urugendo bakoze

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa Gatatu tariki 04 Ukuboza 2024 mu Mujyi wa Kigali hazatangira igerageza ry’uburyo bushya bwo kwishyura ingendo mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange hakurikijwe urugendo umugenzi yakoze, aho kwishyura amafaranga ahwanye n’urugendo (ligne) rwose. Umugenzi ngo azajya akoza ikarita y’urugendo ku mashini nk’uko bisanzwe (tap in), ariko nagera aho asohokera yongere akozeho […]

todayDecember 3, 2024

Inkuru Nyamukuru

Gen Muhoozi Kainerugaba ni muntu ki?

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), General Muhoozi Kainerugaba, ni umuhungu w’imfura wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni na Janet Kataaha. Yavukiye mu buhungiro ku itariki 24 Mata, 1974 i Dar es Salaam muri Tanzania. Amavu n’amavuko Mu 1979, Muhoozi n’ababyeyi be bavuye mu buhungiro muri Tanzania basubira muri Uganda nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi bwa Idi Amin Dada, ariko hashize umwaka umwe gusa yongeye kwisanga mu buhungiro muri Kenya ari kumwe na […]

todayDecember 3, 2024

Inkuru Nyamukuru

U Burusiya: Igisirikare kizakoresha miliyari 145 z’amadolari umwaka utaha

Minisiteri y’Ingabo mu Burusiya, yatangaje ko igisirikare kizakoresha miliyari 145 z’amadolari y’Amerika mu mwaka utaha wa 2025. Aya mafaranga u Burusiya buzakoresha mu bya gisirikare mu 2025 ni menshi ugereranyije n’ayo bwakoresheje mu bihe byashize. Ibiro ntaramakuru bya Amerika (AP), byatangaje ko 32.5% by’amafaranga Leta y’u Burusiya iteganya gukoresha mu mwaka utaha azashyirwa mu bya gisirikare. Urubuga rwa Leta y’u Burusiya rugaragaraho uko ingengo y’imari iteganyiwe muri rusange, Minisiteri y’Ingabo […]

todayDecember 3, 2024

Inkuru Nyamukuru

Menya bimwe mu byaha bishobora kwirukanisha Umupolisi

Polisi y’u Rwanda ni rumwe mu nzego zishimwa kubera ubunyamwuga bubaranga. Gusa tujya tubona hari abapolisi birukanwa mu nshingano bitewe n’impamvu zitandukanye. Ese ni izihe mpamvu zatuma umupolisi yirukanwa? Mu kiganiro Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga aherutse kugirana n’abanyamakuru bahagarariye ibitangazamakuru bikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, cyibanze ku kunoza imikorere n’imikoranire mu kurwanya ibyaha bigaragara muri iyo ntara n’ishusho y’uko umutekano wifashe. Aha yagarutse ku mubare munini w’Abapolisi […]

todayDecember 2, 2024

Inkuru Nyamukuru

35% by’abakora uburaya bafite Virusi itera SIDA – MINISANTE

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, avuga ko nubwo bishimira ko Virusi itera SIDA igenda igabanuka ariko hari icyiciro gihangayikishije cy’abakora uburaya kuko 35% muri bo bafite ubwandu. Nubwo bimeze bityo ariko ngo hari intambwe yatewe kuko bavuye kuri 50% mu myaka 10 ishize. Avuga ko impamvu ari bo bagaragaraho ubwandu cyane bijyanye n’uko batitabira gahunda z’ubwirinzi harimo ikoreshwa ry’agakingirizo ndetse aba ngo bakaba banagaragaraho cyane indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina […]

todayDecember 2, 2024

Inkuru Nyamukuru

Nize amashuri yisumbuye mu bigo bitanu kubera SIDA (Ubuhamya)

Afazali Jean Léonce ufite virusi itera SIDA, avuga ko yagowe no kwiga amashuri yisumbuye, kuko yayize mu bigo bitanu bitandukanye, kubera kugorwa no gufata imiti. Afazali w’imyaka 25, avuga ko yamenye ko afite virusi itera SIDA mu 2012, atangira kwiheba ndetse n’imiti igabanya ubukana bwayo yanga kuyifata. Gusa kwiga ngo ntiyabihagaritse, nuko arangije amashuri abanza ajya mu yisumbuye, ari na bwo ngo yatangiye guhura n’ibibazo bikomeye. Agira ati "Nanze gufata […]

todayDecember 2, 2024

Inkuru Nyamukuru

Musanze: Uwarokotse Jenoside amaze imyaka itatu atotezwa n’abaturanyi

Mu gihe mu Ntara z’Amajyepfo, Iburasirazuba n’Iburengerazuba habonetse abantu batanu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bishwe mu mezi ane gusa, mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, haravugwa uwarokotse Jenoside umaze imyaka itatu atotezwa n’abaturanyi kandi ikibazo yarakigejeje mu buyobozi. Amakuru Kigali Today yamenye aravuga ko hari umubyeyi witwa Niyonsaba Agnes utuye mu Murenge wa Nkotsi, Akagari ka Bikara, Umudugudu wa Kinkware, uhangayikishijwe n’umutekano we nyuma y’imyaka itatu amaze atotezwa n’abaturanyi […]

todayNovember 29, 2024

Inkuru Nyamukuru

Kibeho: Hakenewe ibyumba byinshi byo gucumbikira abahagana

Abagenda i Kibeho mu bihe bisanzwe no ku minsi mikuru izwi ari yo uwa 15 Kanama n’uwa 28 Ugushyingo ntibahwema kwiyongera, ariko amacumbi ashobora kubakira ni makeya. Nk’uko bivugwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru, abasura Kibeho kuri iyo minsi mikuru baba ari benshi cyane, ku buryo nko ku wa 28 Ugushyingo 2024 haje abatari munsi y’ibihumbi 30, naho ku wa 15 Kanama 2024 haje ababarirwa mu bihumbi 80. Nyamara n’ubwo abubaka […]

todayNovember 29, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda ziriga uburyo bwo kunoza umutekano w’imipaka

Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Uganda (UPDF) zishinzwe kurinda imipaka ihuza ibihugu byombi ziri mu Karere ka Musanze mu biganiro by’iminsi itatu, kuva ku itariki 28 kugeza kuri 30 Ugushyingo 2024.Ni mu biganiro bigamije kurebera hamwe imibanire y’abaturage b’ibihugu byombi, bahuriye ku mupaka wa Cyanika, uwa Gatuna n’uwa Kagitumba, no kurebera hamwe uburyo bwo kurushaho kunoza umutekano w’imipaka hirindwa ibiwuhungabanya. Ni inama yatangijwe ku wa Kane tariki 28 Ugushyingo 2024, […]

todayNovember 29, 2024

0%